Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda na Amerika byatangiye ibiganiro ku guteza imbere ubufatanye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda na Amerika byatangiye ibiganiro ku guteza imbere ubufatanye

igire
igire Yanditswe April 29, 2025
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangije ku mugaragaro gahunda y’ibiganiro bigamije guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi, mu nzego zitandukanye no gukemura ibibazo bibangamiye inyungu rusange.

Abayobozi ku mpande zombi bitabiriye ibyo biganiro

Abayobozi ku mpande zombi bitabiriye ibyo biganiro

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe wari witabiriye iki gikorwa, yavuze ko ibi biganiro hagati y’u Rwanda na Amerika bizibanda ku nkingi zirimo politiki, ubukungu, umutekano ndetse n’ubuzima.

U Rwanda kandi rwiteguye ndetse rurajwe inshinga, no guteza imbere iby’ingenzi bikubiye muri ibyo biganiro.

Ni ibiganiro byitabiriwe kandi n’abayobozi batandukanye ku ruhande rw’u Rwanda, barimo Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo, Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika Mathilde Mukantabana, Brig Gen Karuretwa Patrick, Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda n’abandi.

Ni mu gihe ku ruhande rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hari abayobozi barimo Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos, Ambasaderi Troy Fitrell, Umunyamabanga Wungirije w’umusigire wa Amerika, ushinzwe Umugabane wa Afurika na Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric W. Kneedler.

You Might Also Like

U Rwanda rwohereje Abapolisi 140 mu butumwa bwa Loni muri Santarafurika

Rutsiro: Umuvunyi yerekanye ko byinshi mu bibazo by’abaturage biterwa n’inzego z’ibanze zitabegera

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

igire April 29, 2025 April 29, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Abarenga ibihumbi 58 mu Rwanda batanze amaraso mu 2024
ubuzima

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?