Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda na Amerika byatangiye ibiganiro ku guteza imbere ubufatanye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda na Amerika byatangiye ibiganiro ku guteza imbere ubufatanye

igire
igire Yanditswe April 29, 2025
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangije ku mugaragaro gahunda y’ibiganiro bigamije guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi, mu nzego zitandukanye no gukemura ibibazo bibangamiye inyungu rusange.

Abayobozi ku mpande zombi bitabiriye ibyo biganiro

Abayobozi ku mpande zombi bitabiriye ibyo biganiro

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe wari witabiriye iki gikorwa, yavuze ko ibi biganiro hagati y’u Rwanda na Amerika bizibanda ku nkingi zirimo politiki, ubukungu, umutekano ndetse n’ubuzima.

U Rwanda kandi rwiteguye ndetse rurajwe inshinga, no guteza imbere iby’ingenzi bikubiye muri ibyo biganiro.

Ni ibiganiro byitabiriwe kandi n’abayobozi batandukanye ku ruhande rw’u Rwanda, barimo Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo, Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika Mathilde Mukantabana, Brig Gen Karuretwa Patrick, Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda n’abandi.

Ni mu gihe ku ruhande rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hari abayobozi barimo Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos, Ambasaderi Troy Fitrell, Umunyamabanga Wungirije w’umusigire wa Amerika, ushinzwe Umugabane wa Afurika na Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric W. Kneedler.

You Might Also Like

IMPANURO:Maj Gen Nyakarundi yahaye impanuro inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiye kujya i Cabo Delgado

Dr Bizimana yahaye umukoro abagororwa b’abagore bagize uruhare muri Jenoside

Kurera neza abana ni ingirakamaro ku muryango no ku Gihugu-Jeannette Kagame

Igihugu kidateza imbere abakobwa n’abagore kiba gifite igihombo- Mushikiwabo

MINUBUMWE yasabye abagororwa b’abagore bagiye kurangiza ibihano ku byaha bya Jenoside kurangwa n’ubumwe

igire April 29, 2025 April 29, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

IMPANURO:Maj Gen Nyakarundi yahaye impanuro inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiye kujya i Cabo Delgado
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?