Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire
igire Yanditswe May 7, 2025
Share
SHARE

Abakirisitu Gatorika bo mu Rwanda bavuga ko kuba guhera tariki ya 7 z’ uku kwezi kwa Gicurasi, aba Cardinal bazinjira mu mwiherero wo gutora Papa mushya, ari inkuru nziza kuri bo kuko bafite amatsiko yo kumenya Papa uzasimbura Papa Francis uherutse kwitaba Imana.

Aba bakristu bashima kandi uruhare rwa kiliziya gaturika mu mibereho n’iterambere ry’Abanyarwanda.

‎Mu gihe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 z’uku Kwezi i Vatican, hatangira umwiherero w’Aba Cardinal hagamijwe gutora Papa mushya ugomba gusimbura Papa Francis witabye Imana tariki ya 21 z’ukwezi gushize kwa 4 afite imyaka 88, Abakirisitu Gatorika bavuga ko bafite amatsiko ya Papa uzatorwa.

‎Biteganijwe ko nyuma ya Misa izabera muri Basilika yitiriwe Mutagatifu Petero, igikorwa cyo gutora Papa mushya kizabera mu muhezo muri Chapelle ya Sixtine, aho kizitabirwa gusa n’Abakardinal.

Nyuma yo kwinjira muri iyo Chapelle, aba Cardinal ntabwo baba bemerewe kugira undi muntu wo hanze bavugana nawe kugeza Papa atowe.

‎Kugeza ubu 80% by’Abacaridinal bazatora, bashyizweho na Papa Francis witabye Imana, bivuze ko bizaba ari ku nshuro yabo ya mbere bazaba batoye Papa.

Muri abo harimo uwabaye Cardinal wa mbere w’Umunyarwanda ariwe Antoine Cardinal Kambanda.

Musenyeri Gahizi Jean Marie Vianney avuga ko kuba mu Inteko itora harimo Umunyarwanda ari ibyo kwishimirwa.

‎Mu gihe Abakirisitu Gatorika bo mu Rwanda bategereje kumenya Papa mushya, banashima uruhare rwa Kiliziya Gaturika mu mibereho n’iterambere ry’Abanyarwanda.

‎Nubwo kugeza ubu igihe bizatwara kugira ngo Papa mushya amenyekane kitazwi neza, amatora aheruka nk’ayabaye muri 2005 no muri 2013, yamaze iminsi 2 gusa.

Kugira ngo umu Cardinal yemererwe kuba Papa, agomba kuba yagize byibura 2/3 by’amajwi y’abatoye.

‎Kuri iyi nshuro Nibwo bwa mbere mu mateka mu bakaridinal bazatora papa harimo benshi bo muri Amerika y’Epfo, igihugu cya Bresil ubwacyo gifitemo Abacardinal 7.

Biteganyijwe ko mu Bacardinal 252, abagera ku 135 aribo bemerewe gutora Papa kuko aribo bafite hasi y’imyaka 80 y’amavuko.

Gusa muri abo 135, abandi 2 muri bo ntabwo bazatora kubera impamvu z’uburwayi.

 

You Might Also Like

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

igire May 7, 2025 May 7, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?