BAL 2026: RSSB Tigers yatsinze Johannesburg Giants ibona itike y’imikino ya nyuma

igire

RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL2026), nyuma yo gutsinda Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo amanota 102-89 yuzuza intsinzi ya gatatu yikurikiranya mu Itsinda rya Kalahari Conference.

Uyu mukino wabereye muri SunBet Arena iherereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026. RSSB Tigers yakinnye uyu mukino idafite Teafale Lenard Jr wagize ikibazo cy’imvune ku ikirenge.

Ni umukino watangiye wihuta cyane abarimo Leonard Craig Randall na Jakobi Terell Heady batsindira amakipe yombi, aho ako gace ka mbere Johannesburg Giants iyoboye umukino n’amanota 27 kuri 25 ya RSSB Tigers.

Iyi kipe yo muri Afurika y’Epfo yakomeje gukina neza mu gace ka kabiri Jakobi Terell Heady na Nkosinathi Sibanyoni bongera ikinyuranyo cy’amanota kigera ku munani (42-34).

Mu minota itatu nyuma, RSSB yikubise agashyi itangira kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Leonard Craig Randall na Mangok Mathiang batsinda cyane ndetse iyobora umukino ku manota 49-45.

Igice cyarangiye RSSB Tigers BBC iyoboye umukino n’amanota 49 kuri 47 ya Johannesburg Giants. Mu gace ka gatatu, iyi kipe y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize yakomeje kongera ikinyuranyo ibifashijwemo na Leonard Craig Randall watsindaga amanota atatu menshi kigera ku manota atandatu (67-61).

Ku rundi ruhande, Johannesburg Giants yagerageje kugabanya ikinyuranyo binyuze muri David Lee Craig na Joshua Eromosele ariko RSSB ikomeza gukina nk’ikipe nkuru.

Aka gace karangiye RSSB Tigers ikomeje kuyobora umukino n’amanota 74 kuri 71 ya Johannesburg Giants.

Mu gace ka nyuma, RSSB yakomeje kongera ikinyuranyo binyuze mu bakinnyi barimo Antino Jackson, Mangok Mathiang na Leonard Craig Randall.

Mu minota ya nyuma, Johannesburg Giants yari imbere y’abafana bayo yagerageje kugabanya ikinyuranyo ariko RSSB Tigers ikomeza kwihagararaho.

Umukino warangiye RSSB Tigers BBC yatsinze Johannesburg Giants amanota, yuzuza instinzi ya gatatu yikurikiranya, ibona itike y’Imikino ya nyuma ya BAL 2026 izabera I Kigali muri BK Arena guhera tariki ya 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.

Leonard Craig Randall wa RSSB Tigers ni we watsinze amanota menshi 39 yakurikiwe na mugenzi we bakinana Mangok Mathiang watsinze amanota 32. Ni mu gihe Jakobi Terell Heady ari watsinze amanota menshi (30) ku ruhande rwa Johannesburg giants.

Iyi kipe izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu tariki ya 4 Mata 2026, ikina na Dar City yo muri Tanzania mu mukino wa Kane wo mu itsinda.

RSSB Tigers yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma BAL izabera i Kigali muri Gicurasi 2026
Share This Article