Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Ikoreshwa rya Robots n’ubwenge bw’ubukorano, byafasha abanyeshuri kwiga neza siyansi n’ikoranabuhanga
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Uburezi

Ikoreshwa rya Robots n’ubwenge bw’ubukorano, byafasha abanyeshuri kwiga neza siyansi n’ikoranabuhanga

igire
igire Yanditswe March 17, 2024
Share
SHARE

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame tariki 16 Werurwe 2024 bitabiriye isozwa ry’icyiciro cya nyuma cy’amarushanwa mpuzamahanga ya First Lego League, agamije guteza imbere uburezi by’umwihariko amasomo ya Siyansi, Ikoranabuhanga n’Imibare hifashishijwe ikoreshwa rya Robots n’ubwenge bw’ubukorano (artificial intelligence).

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basobanuriwe ibyakozwe n'abanyeshuri

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basobanuriwe ibyakozwe n’abanyeshuri

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga rya za robots n’ubwenge buhangano ari ingenzi mu kwiga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga no gukorera hamwe kandi ko ari ibintu byafasha abanyeshuri kwiga neza siyansi n’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame yabigarutseho ubwo hasozwaga amarushanwa y’ikoranabuhanga mu bigo by’amashuri, yanitabiriwe n’ibihugu bitatu byo hanze birimo Uganda, Nigeria na Botswana.

Ishuri rya Christ-Roi ryo mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyanza ni ryo ryabaye irya mbere mu marushanwa ya Coding na robotics, mu gihe irya Kayonza Modern ryo ryabaye irya mbere mu marushanwa mu bijyanye n’umushinga mwiza w’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano.

Perezida Kagame yashimye abitabiriye iri rushanwa maze agaragaza ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu nzego zose.

Umukuru w’Igihugu yemereye abanyeshuri bose bitabiriye iri rushanwa bakagera ku rwego rw’Igihugu mudasobwa. Bose hamwe uko ari 360 barimo Abanyarwanda 260 n’abanyamahanga 80.

Ati “Ndashaka guha mudasobwa buri umwe wese muri aba bakiri bato bitabiriye. Minisiteri y’Ikoranabuhanga hamwe n’iy’Uburezi, mugeze impano yanjye ku bo igenewe.”

Izo mudasobwa zigenewe Abanyarwanda n’abanyamahanga bitabiriye iri rushanwa.

Ati “Amafaranga ndayifitiye hano mu mufuka, ni yo mpamvu navugaga ko ntazabagora ku bijyanye n’ingengo y’imari, rero nzabyitaho. Mwibuke ko navuze n’abandi baturutse mu bindi bihugu.”

Abanyeshuri ba Christ-Roi begukanye itike yo kuzajya mu marushanwa y’ikoranabuhanga ku rwego rw’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe Kayonza Modern yo izitabira amarushanwa nk’aya mu Busuwisi mu kwezi kwa kane uyu mwaka.

Abanyeshuri bahize abandi bazitabira amarushanwa mpuzamahanga

Abanyeshuri bahize abandi bazitabira amarushanwa mpuzamahanga

 

You Might Also Like

Maj Gen Vincent Nyakarundi yitabiriye Inama y’ingabo zirwanira ku butaka muri Afurika

CHORARE DE KIGALI : BARIMO GUTEGURA IGITARAMO CYAMATEKA.

Musanze: Ababyeyi bishimira ko abana babo basigaye bakorera ibizamini bya Leta hafi

Umuyobozi Mukuru wa REB Dr Mbarushimana yasabye abanyeshuri kwirinda gukopera

Abanyeshuri 202,999 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

igire March 17, 2024 March 17, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?