Nicolas Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela ariko akaza gushimutwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika agafungwa, agiye gusaba Urukiko rwo muri icyo gihugu guhagarika urubanza aregwamo ibyaha birimo gucuruza ibiyobyabwenge, bigateshwa agaciro.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byatangaje ko Maduro asaba ko Amerika yakoresha amategeko mpuzamahanga mu manza nshinjabyaha ziregwamo abayobozi b’ibindi bihugu aho ihame rivuga ko Abakuru b’Ibihugu bari ku butegetsi bafite ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa n’inkiko zo mu mahanga.
Maduro w’imyaka 63, biteganyijwe ko ku wa 2 Nzeri 2026, ari bwo azashyikiriza Urukiko inyandiko zisaba ko ibirego arengwa biteshwa agaciro.
Nicolas Maduro ahakana ibyaha byose aregwa ndetse abamwunganira mu mategeko bavuga ko afite ubudahangarwa nk’Umukuru w’Igihugu, bityo ko adakwiye gukurikiranwa n’inkiko za Amerika.
Bavuga ko kuba yarayoboraga Venezuela bituma agomba kurindwa n’ihame ry’amategeko mpuzamahanga ririnda Abakuru b’Ibihugu bari ku butegetsi gukurikiranwa n’inkiko z’ibindi bihugu.
Ku rundi ruhande ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizigeze zemera Maduro nka Perezida wemewe wa Venezuela kuva mu 2019, nyuma yo kuvuga ko amatora yo mu 2018 yabayemo uburiganya.
Amerika kandi igaragaza ko kongera gutorerwa manda kwa Maduro mu 2024 na byo byabaye mu buryo butemewe kandi bw’uburiganya nubwo Maduro ahamya ko yatowe mu buryo bukurikije amategeko.
Abunganizi be mu mategeko banagaragaza ko urubanza rwe rukwiye guhagarikwa kubera uburyo yafashwemo budakurikije amateka aho ingabo zo mu mutwe udasanzwe za Amerika zamushimutanye n’umugore we, Cilia Flores, mu gitero cyabereye i Caracas ku wa 3 Mutarama 2026, maze babajyana muri Amerika.
Nubwo Maduro ashaka ko akurwaho ibirego aregwa ariko ubucamanza bwamaze gushyiraho itariki ko urubanza ruzatangira kuburanishwa ku wa 1 Kamena 2027.
Maduro ashinjwa ibyaha bine bikomeye birimo iterabwoba rishingiye ku biyobyabwenge ndetse n’umugambi wo kwinjiza kokayine muri Amerika. Ibyaha bimuhamye ashobora guhanishwa igifungo cya burundu.
