Yanditswe na Bigenimana Didier

Faustin-Archange Touadéra, yatangajeko ivugururwa rya guverinoma ye rishingiye cyane ku gukomeza politiki yari isanzweho, aho nta mpinduka zikomeye zakozwe muri minisiteri z’ingenzi. Ibi bibaye nyuma y’ukwezi kumwe gusa atangiye manda ye ya gatatu nyuma yo gutsinda amatora yo mu Ukuboza 2025.
Iteka ryashyizweho umukono n’umukuru w’igihugu, watowe n’amajwi hafi 78% nubwo hari ibirego by’uburiganya byatanzwe n’umuyobozi mukuru w’abatavuga rumwe na leta, Anicet-Georges Dologuélé rigaragaza ko guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 26, abungirije ba minisitiri babiri ndetse n’abanyamabanga ba leta bane, mu gihe Félix Moloua yakomeje kuba Minisitiri w’Intebe.
Muri uwo murongo wo gukomeza ibyo bari basanzwe bakora, Claude Rameaux Bireau yagumanye Minisiteri y’Ingabo, Sylvie Baïpo-Temon akomeza kuyobora Ububanyi n’Amahanga, Hervé Ndouba aguma muri Minisiteri y’Imari, naho Arnaud Djoubaye Abazène akomeza kuyobora minisiteri y’ubutabera.


Hari kandi bamwe mu bagize guverinoma bahinduriwe inshingano, barimo uwahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba Hassan Bouba ndetse na Arthur Bertrand Piri wahoze ari Minisitiri w’Ingufu, ubu wagizwe Minisitiri w’Imirimo Rusange.
Mu bashya binjiye muri guverinoma harimo Bienvenu Zokoué, wavuye ku buyobozi bwa Polisi ajya kuyobora Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, ndetse na Henri Wanzet Linguissara, uzwi nk’uwagize uruhare rukomeye mu masezerano y’amahoro yasinywe mu 2025 hagati ya leta n’imitwe yitwaje intwaro, wagizwe ushinzwe gahunda yo kwambura intwaro, gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi batavuga rumwe n’ubutetsi .

Touadéra uri ku butegetsi kuva mu 2016, yashoboye kongera gutorerwa kuyobora igihugu mu matora yo mu Ukuboza 2025 nyuma ya referandumu yabaye mu 2023 yaranzwe n’uko abatavuga rumwe na leta barwanije politike ya Touadéra, ibi byatumye hakurwaho umubare ntarengwa wa manda za perezida, yongera igihe cya manda kigirwa imyaka irindwi ndetse ibuza abafite ubwenegihugu bubiri kwiyamamariza kuyobora igihugu.
Nubwo Perezida Touadéra agenda anengwa cyane n’abatavuga rumwe na leta bamushinja kugana ku butegetsi bw’igitugu no kugirana umubano wa hafi n’u Burusiya ,harimo no gukoresha abarwanyi b’abacanshuro b’itsinda ryahoze ryitwa Wagner Group mu gufasha ingabo kurwanya imitwe yitwaje intwaro , amasezerano y’amahoro yasinywe n’imitwe itandukanye y’inyeshyamba yafashije gukomeza gukomera kwe muri politiki.
