Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Huye: Hari abinubira kubuzwa kunywa urwagwa biyengeye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Huye: Hari abinubira kubuzwa kunywa urwagwa biyengeye

igire
igire Yanditswe January 30, 2023
Share
SHARE

Abahinzi b’urutoki mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, binubira kuba batemererwa kwenga urwagwa binywera mu ngo zabo.

Abenga urwagwa
Abenga urwagwa

Aho batuye mu masibo ngo hashyizweho ingenza zimenya uwataze ibitoki, uwenze n’uwahishije urwagwa, ku buryo umuntu agira ngo atangiye gusomaho, abayobozi bagahita bamugeraho bakamujyana, hanyuma bakamuca amande nk’uwenze inzoga itemewe.

Marie Goretti Mukamutara (ni amazina tumwise kuko atashatse ko amazina ye atangazwa), avuga ko afite urutoki rutari rutoya ariko akababazwa no kuba mu Murenge batuyemo batemererwa kwenga, ahubwo ngo bategekwa kujyana ibitoki ku isoko rya Cyizi, hanyuma abaturage bo muri Maraba bo bakabigura, bo bakiyengera.

Agira ati “Bapfa kumva ko wenze! Nta kundi kwisobanura, abayobozi bahita baza bakagutwara bakajya kugufunga! Ubundi umuturage atera urutoki ashaka kugaburira abana be. Rero gufata ibitoki wiyejereje ukabishyira umunyamaraba, akagenda akiyengera abana be bakarya imineke bakanywa umutobe bakanywa n’urwagwa, ntibarware inzoka, harimo akarengane !”

Yungamo ati “Ubu se twebwe ntitwabyirutse neza ntidukomeye kuko ababyeyi bengaga urwagwa rwamara gushya bakatuvugutiramo n’umubirizi?”

Umusaza Gakire uvuga ko afite urutoki kuri hegitari nk’eshatu, we ngo ababazwa no kuba ahinga urutoki ntiyemererwe kwiyengera akagwa ngo akanywe anasangire n’inshuti ndetse n’abakwe.

Agira ati “Ni gute waba warihingiye urutoki, umuntu akaguca ku kunywa urwagwa? Abayobozi banywa za byeri cyangwa se za wisiki! Umuturage se witereye urutoki, abuzwa ate kunywa urwagwa rwe? Ese ko ntawe utubuza kunywa ikigage gikomoka ku masaka twihingiye?”

Gakire yifuza ko habaho gutandukanya abenga ibikwangari n’umuturage ku giti cye witereye insina ze ushaka kwinywera akagwa kugira ngo n’abana be barye imineke banywe n’umutobe, kandi ko habaho gupima inzoga k’ukekwaho kwitwaza ko ahinga urutoki akaba yakwenga igikwangari, aho gutwara abantu bose mu gihiriri.

Ati “Niba binaniranye nibaduhe umuganda urwo rutoki tururandure! Kuko kubona ibitoki byawe birimo biribwa n’inyoni byanekeye mu rutoki ngo niwakuramo icupa ryo kinywa, ntibikwiye!”

Hari abinubira kubuzwa kunywa urwagwa biyengeye
Hari abinubira kubuzwa kunywa urwagwa biyengeye

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko ubundi nta muntu babujije kwenga ngo abe yanywa umutobe cyangwa urwagwa mu rugo iwe.

Ati “Ikibi ni ubyuririraho agakora inzoga zitemewe, akanazicuruza ku bandi zitujuje ubuziranenge, kandi bishobora no kugira ingaruka ku buzima bw’abantu. Ni yo mpamvu duhuza abafite amasaka n’ibitoki n’inganda zemewe zibagurira umusaruro. Ubihanirwa ni uwo biba byagaragaye ko yakoze ibitemewe.”

Ku rundi ruhande ariko, byakunze kugaragara ko hari abaturage badakunda urwagwa rwo mu nganda kuko ngo rubica, byatumye barwita Dundubwonko.

Ni na yo mpamvu usanga hari abemera bakenga urwagwa bihishe, ari na bo usanga baciwe amande kimwe n’abakora ibikwangari.

Usanga bagira bati “None urabona wantegeka kujya kunywa Dundubwonko mfite urutoki rwanjye nitereye”

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire January 30, 2023 January 30, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?