Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriye General Dagalo wo muri Sudani
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yakiriye General Dagalo wo muri Sudani

igire
igire Yanditswe January 6, 2024
Share
SHARE

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yatangaje ko tariki ya 5 Mutarama 2024, Perezida Kagame yakiriye Gen Mohamed Hamdan Dagalo, uyobora umutwe wa RSF wo muri Sudani, uri mu ruzinduko mu bihugu biri muri aka karere ka Afurika.

Perezida Kagame yakiriye General Dagalo wo muri Sudani

Perezida Kagame yakiriye General Dagalo wo muri Sudani

Gen Dagalo yagaragarije Umukuru w’Igihugu uko ibibazo biteye muri Sudani, ndetse n’aho inzira zo kubishakira umuti igeze ziganisha iki gihugu ku mahoro.

Perezida Kagame yijeje ubufasha bw’u Rwanda mu gushyigikira inzira y’amahoro n’ibiganiro, byatangijwe mu kurangiza intambara ihanganishije impande zombi, ashimangira ko hakenewe igisubizo cya politiki kugira ngo abaturage ba Sudani bave mu kaga gaterwa n’intambara.

Gen Dagalo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yatangaje ko Perezida Kagame yumvise icyerekezo cya RSF cyo guhagarika intambara, kugira ngo hagerwe ku mutekano n’amahoro no gusubizaho imiyoborere ya gisivili ishingiye kuri demokarasi.

Gen Dagalo mu butumwa bwe yavuze ko u Rwanda ari Igihugu gikomeye, cyo kwigiraho byinshi, by’umwihariko ku bihugu byasenywe n’intambara n’andi makimbirane, nyuma bikaza kubona amahoro n’iterambere.

Gen Dagalo yavuze ko u Rwanda ari Igihugu cyo kwishimira, cyabaye urugero rwiza ku bihugu byinshi bifite inzozi zo kwikura mu ngaruka z’intambara n’amakimbirane, bikagana ku mahoro n’iterambere.

Gen Dagalo, uruzinduko yagiriye mu Rwanda rubaye nyuma y’igihe gito avuye muri Kenya, aho yagiranye ibiganiro na Perezida w’icyo gihugu.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 6, 2024 January 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Bahinduriwe ubuzima babikesha gutura hafi ya Pariki ya Gishwati-Mukura
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?