Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abakenera serivisi zitandukanye banenga ababaka agashimwe bamwe bita Tip
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Abakenera serivisi zitandukanye banenga ababaka agashimwe bamwe bita Tip

igire
igire Yanditswe March 12, 2025
Share
SHARE

Abakenera serivisi zitandukanye bavuga ko hari abazibaha bibwira ko igihe cyose baba bagomba kubona agashimwe bamwe bita Tip, bigatuma iyo atayihawe atanga serivisi itanoze.

Shyirambere Egide na Muhimpundu Epiphanie ni abajya bakenera serivisi nko muri salon yo kwiyogosheshamo, ama restaurants, n’ahandi.

Bavuga ko bajya batanga ishimwe cyangwa se Tip kubabahaye serivisi neza iyo bafite amafaranga, ariko bavuga ko hari igihe bahawe serivisi mbi bakabihuza n’uko batatanze tip.

Mutabaruka Jean D’amour ni umwe mubatanga serivisi yo kogosha abantu.

Avuga ko ajya ahabwa tip ndetse ngo iyo yayihawe bituma akora neza kurushaho ndetse ngo n’uwayimuhaye ubutaha iyo agarutse amwitaho by’akarusho.

Igiraneza Esther ahagarariye restaurant, avuga ko batoza abakozi babo kutararikira Tip kuko hari bamwe mu bakozi bijya bibaho ugasanga atanze serivisi nabi kuko atayihawe bigatuma abakiliya bahacika.

Impuguke mu bijyanye n’ubukungu Habyarimana Straton agaragaza ko ubucuruzi bwa serivisi ari inkingi ikomeye mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.

Avuga ko Tip ari inziza kuko ituma abakozi bakora neza, ariko atari itegeko.

Umuco wo gutanga Tip watangiriye i Burayi hagati y’ikinyejana cya 5 n’icya 15 aho abaherwe baho bishyuraga amafaranga arenze kuyo bagomba kwishyura serivisi bahawe n’abakene bari mukiciro cyo hasi.

Nyuma mu kinyejana cya 18 nibwo abakerarugendo b’abanbanyamerika bagiye iburayi bakunda uwo muco bawujyana iwabo.

Uwo muco wagiye ukwirakwira no mu bindi bihugu kuburyo hari naho biba ari itegeko.

Muri Kigali hari n’amwe mu mahotel yashyizeho agasanduku kagenewe gushyirwamo tip kazwi nka Tip Box ikaba ishobora gusaranganywa abakozi.

 

You Might Also Like

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

Abadepite basabiye urubyiruko rw’amikoro make n’abarengeje imyaka 65 guhabwa inguzanyo ya VUP

igire March 12, 2025 March 12, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?