Meta na YouTube batsinzwe mu rubanza rukomeye rwo kubatwa n’imbuga nkoranyambaga

igire

 

 

Urukiko rw’i Los Angeles muri Amerika rwatangaje intsinzi itari yarigeze ibaho mbere ku mukobwa ukiri muto wari warareze Meta na YouTube ku bijyanye no kugirwa imbata n’imbuga nkoranyambaga akiri umwana.

 

Iyi nkuru dukesha BBC (  The British Broadcasting Corporation)    ivugako Abacamanza basanze kompanyi Meta, nyiri Instagram, Facebook na WhatsApp, hamwe na Google, nyiri YouTube, zarashyizeho ku bushake imbuga nkoranyambaga zigira abantu imbata (gukoresha nta kwitangira) kuburyo bwangije ubuzima bwo mu mutwe bw’uyu mukobwa w’imyaka 20.

 

Uyu mukobwa, uzwi nka Kaley, yahawe indishyi ingana na miliyoni 6 z’amadolari y’Amerika (angana na miliyari 8 FRW), umwanzuro ushobora kugira ingaruka ku manza amagana zitegereje mu nkiko z’Amerika.

 

Buri kompanyi ukwayo, Meta na Google bavuze ko batemeranya n’uyu mwanzuro kandi ko bazawurwanya mu rukiko. Meta yavuze iti: “Ubuzima bwo mu mutwe bw’abangavu n’ingimbi ni ibintu by’urusobe cyane kandi ntibishobora guterwa n’urubuga rumwe gusa.

 

“Tuzakomeza kwiregura n’imbaraga nyinshi kuko buri rubanza ruratandukanye, kandi dukomeje kwizera ibyo twakoze mu kurinda abana ku mbuga zo kuri murandasi (internet).”

 

Umuvugizi wa Google yavuze ati: “Uru rubanza rusobanukiwe nabi YouTube, urubuga rwo kureba amashusho rwubatswe mu buryo bushyira mu gaciro, ntabwo ari urubuga nkoranyambaga.”

 

Abacamanza basanze Kaley akwiye guhabwa miliyoni 3 z’amadolari mu ndishyi zisanzwe (compensatory damages) n’izindi miliyoni 3 z’amadolari nk’indishyi zigamije guhana (punitive damages), kuko basanze Meta na Google “bakoranye ubugome, ikandamiza, cyangwa uburiganya” mu buryo izo kompanyi zakoresheje imbuga zazo.

 

Meta yitezwe kuzatanga 70% by’indishyi za Kaley, naho Google yitezwe kwishyura 30% isigaye.

Share This Article