Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Ethiopia: Perezida Kagame yitabiriye inama ya AU
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Ethiopia: Perezida Kagame yitabiriye inama ya AU

igire
igire Yanditswe February 17, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare 2023, yageze i Addis Ababa muri Ethiopia, aho yitabiriye Inama ya 36 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU), ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo ku mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama abayobozi b’ibihugu bigira hamwe ingamba zo guteza imbere umugabane w’Afurika, ndetse na bimwe mu bibazo ibihugu bihura nabyo kugira ngo bishakirwe ibisubizo.

Iyi nama izasuzuma kandi raporo zitandukanye, ziri mu byiciro bitatu ari byo Amahoro, umutekano n’imiyoborere, imibereho myiza y’abaturage ba Afurika: Ubuzima, Imirire no kwihaza mu biribwa, Ubukungu bushingiye ku kurengera ibidukikije.

Kuva uyu muryango washingwa mu 2002, u Rwanda rwahawe kuwuyobora tariki ya 4 Nyakanga 2017. Bimwe mu byagiye bigarukwaho na Perezida Paul Kagame ni uko Ibihugu bya Afurika byatangiye kugaragaza ko kwigira kwayo bishoboka.

Perezida Kagame yavuze ko icyo cyizere kigaragazwa no kuba kugeza ubu kimwe cya gatanu cy’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, cyatangiye gutanga inkunga igenewe ibikorwa by’uyu muryango, akabona ko ari ikimenyetso kigaragaza ko inzira yo kwigira k’uyu muryango izagerwaho uko bikwiye.

Perezida Kagame yakiriwe n
Perezida Kagame yakiriwe n’abayobozi batandukanye

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire February 17, 2023 February 17, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?