Trump ategerejwe i Beijing gushaka intsinzi ya dipolomasi

igire

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ategerejwe i Beijing muri iki cyumweru kugirana ibiganiro na mugenzi we w’Ubushinwa, Xi Jinping, mu ruzinduko rubaye mu gihe ahanganye n’igitutu cyatewe n’intambara ya Iran, ibibazo by’ubucuruzi n’igabanuka ry’icyizere cy’abaturage mbere y’amatora y’abadepite ateganyijwe mu Ugushyingo (11), uyu mwaka.

Urwo ruzinduko rubonwa nk’igerageza rya Perezida  Trump ryo gushaka intsinzi ya dipolomasi yakwereka Abanyamerika ko agifite ubushobozi bwo kuyobora ibiganiro bikomeye ku rwego mpuzamahanga, nyuma y’igihe politiki ye ku Bushinwa n’ikibazo cy’intambara ya Iran bikomeje gutuma abanyamerika bamubona ukundi.

Mu mwaka ushize, Perezida Trump yari yatangaje imisoro ihanitse ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa bigamije guca intege ubukungu bwabwo. Icyakora, inkiko zo muri Amerika zakomeje gukoma mu nkokora iyo gahunda, mu gihe Ubushinwa na bwo bwakajije ingamba zo kugabanya iyoherezwa ry’amabuye y’agaciro adasanzwe akenerwa cyane mu nganda z’ikoranabuhanga n’iz’igisirikare muri iki gihugu.

Ibyo byatumye ubutegetsi bwa Trump busubira ku meza y’ibiganiro bushaka amasezerano yihuse ku bicuruzwa birimo soya, inyama z’inka n’indege za Boeing, ndetse no gushimangira agahenge kari hagati y’ibihugu byombi mu ntambara y’ubucuruzi.

Zimwe mu mpuguke zaganiriye na Reuters  zavuze ko kuri iyi nshuro Trump akeneye Beijing kurusha uko Beijing imukeneye.

Alejandro Reyes, inzobere muri politiki y’Uushinwa muri Kaminuza ya Hong Kong, yavuze ko Trump “akeneye intsinzi ya politiki y’amahanga yamugaragaza nk’umuyobozi ushobora kugarura ituze ku Isi, aho gukomeza kuyihungabanya.”

Byitezwe ko ibiganiro byabo bizibanda ku bucuruzi, ikibazo cya Taiwan, ifungwa ry’umunyamerika Jimmy Lai ndetse n’uruhare Ubushinwa bwagira mu gushishikariza Iran kwemera ibiganiro byo guhagarika intambara imaze guteza ihungabana rikomeye ku isoko mpuzamahanga ry’ingufu.

Trump azaba aherekejwe n’abayobozi bakomeye mu bucuruzi barimo Elon Musk wa Tesla na Tim Cook wa Apple.

Nubwo impande zombi zishobora gutangaza intambwe mu kugabanya ubushyamirane, abakurikiranira hafi ibibera kuri ibi bihugu bavuga ko bishoboka cyane ko uru ruzinduko ruzarangira habonetse agahenge ka dipolomasi katakemura burundu amakimbirane ashingiye ku bucuruzi, ikoranabuhanga n’umutekano wo mu karere ka Aziya.

Ni mu gihe ikinyamakuru RFI cyatangaje ko hagitangazwa iby’uru ruzinduko rwa Perezida Trump mu Bushinwa, agaciro k’ifaranga ry’iyuwani ( Yuan) kahise kazamuka imbere y’idolari ry’Amerika.

 

Share This Article