Trump ahanganye n’itangazamakuru nyuma yo guhamagaza abanyamakuru ba New York Times.

igire

Abanyamakuru ba The New York Times bahawe impapuro zibategeka kwitaba inteko nkuru y’abacamanza (grand jury) i New York, nyuma y’inkuru iki kinyamakuru cyasohoye ivuga ku mpungenge z’umutekano zagaragaye ku ndege nshya ya Perezida wa Amerika, Donald Trump, izwi nka Air Force One.

Izi mpapuro zatanzwe ku wa Gatanu n’ubutegetsi bwa Trump, aho zisaba abanyamakuru gutanga ubuhamya imbere y’ubutabera ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha. Ni igikorwa bamwe mu barengera ubwisanzure bw’itangazamakuru bavuga ko ari ukwiyongera kw’igitutu ubutegetsi bushyira ku bitangazamakuru byigenga.

Abanyamakuru bahawe izi mpapuro barimo Julian E. Barnes, Eric Lipton, Tyler Pager na Eric Schmitt, banditse inkuru ivuga ko Perezida Trump yagiye ava muri Turukiya akoresheje indege ye ya kera ya Air Force One nyuma y’uko inzego z’umutekano wa Perezida (Secret Service) zigaragaje impungenge ku mutekano w’indege nshya.

Julian E. Barnes ari mu banyamakuru bahawe impapuro zibategeka kwitaba inteko nkuru y’abacamanza (grand jury) i New York
Julian E. Barnes ari mu banyamakuru bahawe impapuro zibategeka kwitaba inteko nkuru y’abacamanza (grand jury) i New York.
Eric Lipton Umunyamakuru wibanda mukwandika ku nkuru zigaragaza aho inyungu za politiki n'iz'ubucuruzi zihurira nawe ari mubahawe impapuro zimutegeka kwitaba inteko nkuru y’abacamanza (grand jury) i New York.
Eric Lipton Umunyamakuru wibanda mukwandika ku nkuru zigaragaza aho inyungu za politiki n’iz’ubucuruzi zihurira nawe ari mubahawe impapuro zimutegeka kwitaba inteko nkuru y’abacamanza (grand jury) i New York.
Eric Schmitt we wibanda ku gukora inkuru zikomeye zivuga ku ntambara n'ibikorwa by'iperereza nawe yategetse kwitaba iyo nteko.
Eric Schmitt we wibanda ku gukora inkuru zikomeye zivuga ku ntambara n’ibikorwa by’iperereza nawe yategetswe kwitaba iyo nteko.
Tyler Pager wabanda mu kwandika inkuru z'impamo zivuga ku miyoborere n'ubuzima bwa buri munsi bw'abaperezida b'Amerika nawe yahamagajwe.
Tyler Pager wabanda mu kwandika inkuru z’impamo zivuga ku miyoborere n’ubuzima bwa buri munsi bw’abaperezida b’Amerika nawe yahamagajwe.

Nyuma yaho, The New York Times yasohoye indi nkuru ivuga ko indege nshya ya Boeing 747-8 yahawe Trump na Qatar itarashyirwamo bimwe mu bikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho birinda ibitero bya misile, nk’ibyari biri ku ndege ya kera.
Ikinyamakuru cyavuze ko amakuru cyatangaje cyayakuye ku bantu batifuje ko amazina yabo atangazwa kubera ko arebana n’umutekano w’igihugu.

Minisiteri y’Ubutabera ivuga ko hakurikiranwa abatangaza amabanga ya Leta.
Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika yatangaje ko iperereza ritagamije abanyamakuru, ahubwo ko rigamije kumenya abantu basohora amakuru y’ibanga ya Leta.

Umuvugizi wayo, Emily Covington, yavuze ko Leta yemera uruhare rukomeye rw’itangazamakuru ariko ko ifite n’inshingano zo kurinda amabanga y’igihugu.
Ati: “Ntabwo ari abanyamakuru bagamijwe, ahubwo ni abantu batanga amakuru y’ibanga. Minisiteri y’Ubutabera igomba kureba ko amakuru y’igihugu akomeye akoreshwa mu buryo bukwiye.”
FBI yari yasabye New York Times kudatangaza inkuru.

Mbere y’uko inkuru ya mbere isohoka, umwe mu bayobozi ba FBI yari yavuganye n’umunyamakuru ndetse n’umuyobozi w’ikinyamakuru abasaba gusubika kuyitangaza kubera impungenge z’umutekano w’igihugu.
Uyu muyobozi yanze gutangaza icyo kibazo cy’umutekano yari ashingiyeho, ariko yasabye ikinyamakuru gutanga amazina y’abantu bagitangiye amakuru. Icyakora, The New York Times yanze gutangaza inkomoko y’amakuru yayo.

Trump amaze igihe anenga ibitangazamakuru.

Perezida Donald Trump amaze igihe anenga cyane ibitangazamakuru bikomeye byo muri Amerika, ariko kuva yatangira manda ye ya kabiri, abamunenga bavuga ko yakajije umurego mu gukoresha ububasha bwa Leta mu guhangana n’itangazamakuru.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Minisiteri y’Ubutabera yagerageje guhatira abanyamakuru ba The Wall Street Journal na The Washington Post gutanga ubuhamya ku makuru y’ibanga, ariko nyuma y’uko ibyo bitangazamakuru bibirwanyije mu nkiko, izo mpapuro zakuweho.
Abaharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru bavuga ko guhatira abanyamakuru gutanga amakuru ku nkomoko zabo bishobora kubangamira umurimo wabo wo gushaka no gutangaza amakuru.

New York Times na Trump basanzwe bafitanye ibibazo mu nkiko.
Iki kinyamakuru gisanzwe gifitanye amakimbirane n’ubutegetsi bwa Trump mu nkiko.
Mu mwaka ushize, Trump yareze The New York Times ayishinja kumusebya no kwangiza izina rye mu gihe cyo kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa 2024.

Ku rundi ruhande, iki kinyamakuru cyareze Minisiteri y’Ingabo ya Amerika nyuma y’uko yashyizeho amabwiriza mashya agenga abanyamakuru bakurikirana amakuru ya gisirikare.
Muri Gicurasi, Komisiyo ishinzwe amahirwe angana mu kazi muri Amerika (EEOC) yareze The New York Times iyishinja ivangura mu gutanga akazi, ariko iki kinyamakuru gisubiza ko icyo kirego ari uburyo bwo kwihorera kubera inkuru cyagiye gitangaza ku buyobozi bwa Trump.

BIGENIMANA Didier /IGIRE.RW

 

Share This Article